{"id":41,"date":"2013-02-11T17:28:03","date_gmt":"2013-02-11T16:28:03","guid":{"rendered":"http:\/\/ruhago-impitagihe.com\/?page_id=41"},"modified":"2013-06-09T12:03:58","modified_gmt":"2013-06-09T10:03:58","slug":"umusozo","status":"publish","type":"page","link":"https:\/\/ruhago-impitagihe.com\/rw\/umusozo\/","title":{"rendered":"Umusozo"},"content":{"rendered":"<p>Iyo uganira n\u2018abakinnyi b&#8217;abanyarwanda ndetse n\u2019abakunda umupira w\u2019amaguru \u00a0bose hirya no hino, usanga kimwe mu byifuzo byabo bavuga ko bakeneye umwanya uboneye mu marushanwa mpuzampahanga, ntabwo rero dukwiriye gukangwa n\u2019ubwinshi cyangwa ubunini bw\u2019ibindi bihugu.Abakinnyi bafite ubushobozi n\u2019ubushake barahari. Mu gihe rero hafashwe umugambi wo kudasubira inyuma ni ngombwa ko ibintu bimwe na bimwe birushaho kwitabwaho no gukurikizwa nko:<\/p>\n<p>Gukurikiranira hafi uko umupira w\u2019amaguru ugenda urushaho gutera imbere mu gihugu no ku isi yose, kugira ngo higwe uburyo bushya bwakoreshwa kugira ngo u Rwanda rugire umwanya ushimishije mu rwego rw\u2019umupira w\u2019ikirenga bita mu gifaransa <b><i>\u201cFootball de haut niveau\u201d.<\/i><\/b><\/p>\n<p><b><i>\u00a0<\/i><\/b><\/p>\n<p>Kumenya ibyangombwa bikenewe mu guteza uwo mukino imbere mu gihugu ntagutinya kubivunikira no kudatezuka kubigeraho, ngo: <b><i>\u201cUtarumya ntavana intoke mu rujyo\u201d<\/i><\/b>, kandi ngo <b><i>\u201cUshaka inka aryama nkazo\u201d<\/i><\/b>.<\/p>\n<p>Kwegurira amakipe akina muri shampiyona, ibigo bifite umutungo ugaragara, kuko kugira ngo ikipe ikomere igomba kubanza kugera ku bwigenge mu gucunga imari yayo.<\/p>\n<p>Muri ibi bihugu byacu bigitera imbere mu majyambere, iyo abakinnyi bakora umunsi wose bakitoza nyuma y\u2019akazi ntago biborohera na gato, niyo mpanvu bishobotse abakoresha babo bajya babaha impushya bitagoranye igihe bategura irushanwa rikomeye, ibyo bituma badatinda gukomera ngo baheshe ikipe yabo n\u2019ikigo kibakoresha ishema rigaragara.Ubwo buryo buraboneye kuko bwongerera abakinnyi kumva neza ko buri wese afite icyo ashinzwe mu migendekere myiza y\u2019akazi ke bityo no ku kibuga agakina ashyizeho umwete kuko aba azi neza icyamuzanye, nanone umutungo w\u2019umukinnyi ukiyongera bikamufasha kumererwa neza mu buzima no kugira agaciro mu bandi.<\/p>\n<p>Ubwo buryo nibwo bita mu gifaransa <b><i>\u201csemi-professionnalisme\u201d<\/i><\/b> kuko ni intambwe iri hagati yo gukina umupira dusanzwe tuzi uturutse ku ishyaka n\u2019urukundo rwa <b><i>\u201csport\u201d<\/i><\/b> no gukinira umupira ko ari wo ugutunze gusa, aribyo benshi bita umukino nyamwuga <b><i>(professionalisme).<\/i><\/b>Ubwo buryo kandi <b><i>(Semi-Professionalisme)<\/i><\/b> butegura neza kandi bukagera ku bumenyi mu byo gutegura amakipe nyamwuga aringaniye, ikindi kandi ni uko igice kimwe abakinnyi bakora akazi k\u2019ibyo bize bafitiye impamyabushobozi bagakorera igihugu cyabo, ikindi gice kikagirwa n\u2019umutungo uturutse ku mukino w\u2019umupira.Kuko burya birazwi ko umushahara utubutse no kumererwa neza mu rwunge rw\u2019abaturage b\u2019igihugu ni intambwe ihamye. Ibyo kandi bituma abakinnyi batunga imiryango yabo neza bakohereza abana babo mu mashuri bategura ubuzima bwabo bwo mu minsi iri imbere dore ko aba ari nabo Rwanda rwejo.<\/p>\n<p>Gufasha cyane umupira gushobora kudahungabanywa n\u2019ihindagurika ry\u2019abakinnyi rituruka ahanini mu gusaza cyangwa kugabanuka mu buhanga hakabura ababasimbura banganya ingufu n\u2019ubwenge mu mukino n\u2019abakinnyi basezera. Ni ngombwa rero gushyiraho, kongera no gushyigikira ibigo bitangira gutegura no gutoza urubyiruko rukiri ruto, hagashyirwaho amakipe mato menshi kandi yitaweho bihagije.<\/p>\n<p>Guhindura ikipe buhoro buhoro bitegurwa neza iyo abakinnyi bato bitaweho bagatozwa hakiri kare ibirebana n\u2019umupira, bakigishwa byimazeyo amategeko <b><i>n\u2019uburyo-ngiro (techniques<\/i><\/b>) mu marushanwa, bakanahugurwa babifashijwemo n\u2019ababyeyi babo mu kwitwara neza mu mikino <b><i>(discipline)<\/i><\/b> na <b><i>(fair-play<\/i><\/b>) hakiri kare, <b><i>\u201cUburere buruta ubuvuke\u201d<\/i><\/b> ibyo turabizi kandi ngo <b><i>\u201cIgiti kigororwa kikiri gito\u201d <\/i><\/b>ntakwiyibagiza ndetse ko ngo <b><i>\u201cUmwana apfa mw\u2019iterura\u201d<\/i><\/b>. Ntabwo umukinnyi w\u2019ingimbi <b><i>\u201cjunior\u201d<\/i><\/b> yagombye gusuzugura cyangwa gusiba imyitozo ngo nta <b><i>\u201cliste\u201d<\/i><\/b> abona (ngo ntakinishwa) iyo ikipe ye nkuru ifite irushanwa.Akazi ni kamwe ariko buri wese agira igihe cye, kandi burya ngo <b><i>\u201cKuri Roho zavutse neza Icyubahiro n\u2019Ishema ntibitegereza imyaka\u201d.<\/i><\/b><\/p>\n<p><b><i>\u00a0<\/i><\/b><\/p>\n<p>Gushaka impuguke zabizobereye zo guhugura <b><i>Abatoza (Entra\u00eeneurs<\/i>),<\/b> <b><i>n\u2019abasifuzi (Arbitres)<\/i><\/b> ndetse bagakomeza no koherezwa mu mahugurwa mu mahanga. Nanone hahugurwa ubizi. Ni nko muri Bibiliya ngo <b><i>\u201cufite azahabwa\u201d<\/i><\/b> ariko n\u2019abataramenya bagomba kwitabwaho.Ayo mahugurwa atuma abo batoza cyangwa abasifuzi babonana n\u2019abakinnyi kabuhariwe bo mu bindi bihugu, bakaganira n\u2019abandi bafite akazi kamwe nkabo, ndetse bikanabafasha kumenyera abanyamakuru.<\/p>\n<p>Gufasha amakipe kugira ibibuga na stade byihariye kandi bigaragara.Muri iki gihe biragoye kugira ngo ikipe ishaka gutera imbere igire icyo yigezaho mu mupira igendera gusa ku rukundo rwa Padiri kanaka cyangwa se ubwitange bw\u2019umutegetsi w\u2019akarere aka naka.<\/p>\n<p>Kwibuka no gukomeza kurushaho gushyigikira umupira w\u2019amaguru w\u2019abakinnyi b\u2019abakobwa.Ubu tugeze mu kinyejana cya makumyabiri.Igitsinagore kimaze gutera imbere muri sport nyinshi ku isi yose, rero no mu mupira w\u2019amaguru mu Rwanda ntago bagombye gusigara inyuma !!!!<\/p>\n<p>Kwirinda kutavanga Politiki na Sport ni ibintu bibiri bitajyana na gato nk\u2019amazi n\u2019umuriro,buri kintu n\u2019igihe cyacyo.<\/p>\n<p>Ni\u00a0byiza iyo bamwe mu bayobozi b\u2019ishyirahamwe ry\u2019umupira w\u2019amaguru mu Rwanda (FERWAFA) bagiye bava mu bakinnye uwo mukino cyangwa mu bakunzi bawo ariko babifitiye ubushobozi kandi bafite n\u2019igihe gihagije cyo kwitangira by\u2019umwihariko imirimo bashingwa kuko urukundo rw\u2019akarusho bafitiye uwo mukino ni imwe mu ntwaro y\u2019ingenzi\u00a0ibatera inkunga mu gutunganya neza akazi baba bashinzwe.<\/p>","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Iyo uganira n\u2018abakinnyi b&#8217;abanyarwanda ndetse n\u2019abakunda umupira w\u2019amaguru \u00a0bose hirya no hino, usanga kimwe mu byifuzo byabo bavuga ko bakeneye umwanya uboneye mu marushanwa mpuzampahanga, ntabwo rero dukwiriye gukangwa n\u2019ubwinshi cyangwa ubunini bw\u2019ibindi bihugu.Abakinnyi bafite ubushobozi n\u2019ubushake barahari. Mu gihe rero hafashwe umugambi wo kudasubira inyuma ni ngombwa ko ibintu bimwe na bimwe birushaho kwitabwaho [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":0,"parent":0,"menu_order":0,"comment_status":"closed","ping_status":"closed","template":"","meta":[],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/ruhago-impitagihe.com\/rw\/wp-json\/wp\/v2\/pages\/41"}],"collection":[{"href":"https:\/\/ruhago-impitagihe.com\/rw\/wp-json\/wp\/v2\/pages"}],"about":[{"href":"https:\/\/ruhago-impitagihe.com\/rw\/wp-json\/wp\/v2\/types\/page"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/ruhago-impitagihe.com\/rw\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/ruhago-impitagihe.com\/rw\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=41"}],"version-history":[{"count":13,"href":"https:\/\/ruhago-impitagihe.com\/rw\/wp-json\/wp\/v2\/pages\/41\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":1495,"href":"https:\/\/ruhago-impitagihe.com\/rw\/wp-json\/wp\/v2\/pages\/41\/revisions\/1495"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/ruhago-impitagihe.com\/rw\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=41"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}