{"id":26,"date":"2013-02-11T17:21:00","date_gmt":"2013-02-11T16:21:00","guid":{"rendered":"http:\/\/ruhago-impitagihe.com\/fr\/?page_id=26"},"modified":"2013-06-08T17:27:04","modified_gmt":"2013-06-08T15:27:04","slug":"amateka","status":"publish","type":"page","link":"https:\/\/ruhago-impitagihe.com\/rw\/amateka\/","title":{"rendered":"Amateka"},"content":{"rendered":"<p>Kugeza magingo aya, nta nkuru y\u2019impamo itwemeza umunsi nyawo umupira w\u2019amaguru wagereye mu Rwanda. Gusa dukurikije inyandiko zatangajwe na bamwe mu bakurambere bacu; bemeza ko uwo mukino w\u2019umupira w\u2019amaguru mu Rwanda wazanywe n\u2019abamisiyoneri b\u2019abadage ku ngoma y\u2019umwami MUSINGA wategetse u Rwanda kuva mu w\u2019i 1896 kugeza 1931. Uwari kw\u2019isonga ryabo ba misiyoneri ba Kiriziya Gatolika yari Padiri SCHUMACHER umudage wabaga i Kabgayi. Imihango yo kwerekana uwo mukino mushya yabereye \u00a0i Nyanza ahari umurwa mukuru w\u2019ubwami icyo gihe, nuko umwami MUSINGA n\u2019abafasha be bakirana ibyishimo byinshi uwo mukino mushya w\u2019umupira w\u2019amaguru.<\/p>\n<p>Mu banyarwanda bambere bakojeje ikirenge kuri \u201cruhago\u201d havugwa cyane Shefu NSHOZAMIHIGO \u00a0umuhungu w\u2019umwami RWABUGIRI ndetse ngo ni nawe munyarwanda wa mbere wateye igitego mu izamu igihe bari mu myitozo i Kabgayi. Undi mukinnyi wari ukomeye icyo gihe twavuga n\u2019uwitwa MABONEZA Ferederiko (reba ifoto hasi) wakinaga mu ikipe y\u2019Amagaju kwa shefu RUTAREMARA Rwugubugi rwa Ngenzi w\u2019i Kibeho na KAREMERA Karawudiyani wakinaga mu maregure ya Mutara wa 3 RUDAHIGWA.<\/p>\n<div id=\"attachment_707\" style=\"width: 310px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><a href=\"http:\/\/ruhago-impitagihe.com\/wp-content\/uploads\/Maboneza.jpg\"><img aria-describedby=\"caption-attachment-707\" loading=\"lazy\" class=\"size-medium wp-image-707  \" alt=\"Maboneza Ferederiko\" src=\"http:\/\/ruhago-impitagihe.com\/wp-content\/uploads\/Maboneza-300x234.jpg\" width=\"300\" height=\"234\" srcset=\"https:\/\/ruhago-impitagihe.com\/wp-content\/uploads\/Maboneza-300x234.jpg 300w, https:\/\/ruhago-impitagihe.com\/wp-content\/uploads\/Maboneza.jpg 384w\" sizes=\"(max-width: 300px) 100vw, 300px\" \/><\/a><p id=\"caption-attachment-707\" class=\"wp-caption-text\">Umusaza MABONEZA Ferederiko wabaye umukinnyi ukomeye umupira w\u2019amaguru ugitangira mu Rwanda.<br \/>(Yitabye Imana taliki ya 11\/04\/2013)<\/p><\/div>\n<p>Mu mwaka w\u2019i 1928, RUDAHIGWA (umuhungu w\u2019umwami MUSINGA) amaze kugirwa Shefu wo mu Marangara mu nkengero za Kabgayi (Ngobyi y\u2019umupira w\u2019amaguru), yakomeje kugirana umubano mwiza nabo ba misiyoneri ba Kiriziya Gatolika bityo arushaho kumenya no gukunda ndetse no gushyigikira uwo mukino mushya mu Rwanda.<\/p>\n<p>Mu w\u2019i 1931 RUDAHIGWA yasimbuye Se MUSINGA wari umaze gukurwa ku bwami n\u2019abazungu, maze yimikwa kw\u2019izina ry\u2019ubwami rya Mutara III (1931-1959) kuri iyo ngoma rero \u00a0nibwo hashinzwe amakipe hirya no hino mu gihugu, amenshi akaba yari ashingiye ku mitwe y\u2019ingabo cyangwa se abataramiraga ku mugoroba kuba shefu babo :<\/p>\n<p>Muri ayo makipe twavuga nk\u2019 Amagaju yo kwa shefu RUTAREMARA, Amaregure y\u2019umwami Mutara III RUDAHIGWA, Amasata yo kwa shefu NKURANGA ku Gasoro na Mutende hafi y\u2019i Nyanza.<\/p>\n<p>Andi makipe yakurikiyeho yabaga ari ay\u2019ibigo by\u2019aba misiyoneri gatolika: \u00a0nk\u2019Ingabo nziza z\u2019i Kabgayi kwa padiri SCHUMACHER, buri kipe kandi yabaga ifite indirimbo yayo, abakinnyi baririmbaga mbere na nyuma yo gukina. Icyo gihe ayo makipe yakinaga hagati yayo imikino myinshi ya gicuti ndetse rimwe na rimwe no mu rwego mpuzamahanga n\u2019amakipe y\u2019i Bujumbura-Burundi na Bukavu-Congo ex-Zaire, (ibi byanditswe no muri za Kinyamateka zo mu myaka ya 1940-1950).<\/p>\n<p>Mu mwaka w\u2019i 1959 habaye byinshi mu mateka y\u2019u Rwanda : umwami Mutara III RUDAHIGWA amaze gutanga (kwitaba Imana), yasimbuwe na\u00a0 Kigeli wa V NDAHINDURWA, kuri iyo ngoma nyuma haje gutangira invururu nyinshi mu gihugu, ndetse biza kujyana n\u2019ibikorwa bibi by\u2019ubwicanyi hagati y\u2019abanyarwanda. Ibyo byatumye muri uwo mwaka haba Revolisiyo yo muri 59, ubutegetsi buhindura isura, Umwami Kigeri V NDAHINDURWA arananirwa arahunga ava mu gihugu, maze ku taliki ya 28 Mutarama 1961 u Rwanda ruba Repubulika, bityo ubwami bucibwa burundu mu Rwanda. Ku taliki ya 25 nzeri 1961 habaye itora rya Kamarampaka nuko icyo cyifuzo cya Repubulika ariyo soko ya Demokarasi kirahama, maze taliki ya 1 Nyakanga 1962 Umuryango w\u2019ubumwe bw\u2019isi (ONU) itangaza ubwigenge bw\u2019u Rwanda. Ibyo byose rero byatumye ya makipe menshi y\u2019umupira w\u2019amaguru yari yarashingiwe i Nyaza mu ndiri y\u2019ubwami yose atongera kuboneka, maze uwo mukino w\u2019umupira w\u2019amaguru mu Rwanda usa nkaho wibagiranye pe.<\/p>\n<p>Nyuma yaho u Rwanda ruboneye ubwigenge hatangiye kuza agahenge, nibwo mu myaka yakurikiyeho hagati ya (1962-1969), andi makipe mashya yongeye kuvuka, maze abakunda uwo mukino bongera kubona akanya ko kwihitiramo no kogeza amakipe yabo mu mikino y\u2019amarushamwa anyuranye yariho icyo gihe.<\/p>\n<p>Amenshi muri ayo makipe yatangiye afite andi mazina nyuma aza kuvamo za: <b>Mukura victoire sport y\u2019i Butare (1963), Kiyovu sport y\u2019i Kigali (1964) mbere yitwaga Kigali sport, Standard-Rwinkwavu y\u2019i Kibungo (1964), Rayon sport y\u2019i Nyanza-Butare (1965), Panth\u00e8res noires y\u2019i Kigali (1965)\u00a0na Espoir football club y\u2019i Cyangugu (1969).<\/b><\/p>\n<p><b>(1970) <\/b>Umupira w\u2019amaguru mu Rwanda mu mpera z\u2019umwaka w\u2019i 1970 nibwo watangiye kugira abakinnyi b\u2019imena mu cyongereza bita <b><i>\u201cStars\u201d<\/i><\/b> bigasobanura <b><i>\u201cinyenyeri zigitanga urumuri\u201d<\/i><\/b> Abo bakinnyi bari bafite imikino irangwa n\u2019ubuhanga ! amacenga, amashoti n\u2019umuvuduko udasanzwe. Amakosa menshi nko kwiharira umupira ukawupfusha ubusa ntibyakundaga kuboneka. Rimwe na rimwe ndetse ikibuga cyababanaga gito, kandi umupira umukinnyi yawirukankagaho akawushakisha nk\u2019umuhigi. Muri icyo gihe umupira ntago wari ibikino gusa ahubwo wari <b><i>\u201cishyaka\u201d<\/i><\/b><\/p>\n<p><b>(1980) <\/b>Mu myaka yaza 80, umupira w\u2019amaguru mu Rwanda watangiye gutera imbere mu rwego <i><span style=\"text-decoration: underline;\">rw\u2019ubumenyi mu gifaransa bita (tactiques)<\/span><\/i> no mu rwego <i><span style=\"text-decoration: underline;\">rw\u2019uburyo-ngiro mu gifaransa bita (technique).<\/span><\/i><\/p>\n<p>Ubwo <b><i><span style=\"text-decoration: underline;\">bumenyi (tactiques)<\/span><\/i><\/b> bugaragazwa n\u2019ukuntu abakinnyi babifashijwemo cyane n\u2019abatoza babo bitwara neza ntibatsindwe, bagashishoza bakitegereza neza uko umukino uri kugenda n\u2019icyo bashobora guhindura bitewe n\u2019ingufu z\u2019ikipe bahiganwa ndetse basatira izamu n\u00b01 ari we \u201cgoal-keeper\u201d umunyezamu agahura n\u2019ingorane.<\/p>\n<p>Naho <b><i><span style=\"text-decoration: underline;\">uburyo-ngiro (technique)<\/span><\/i><\/b> bugaragara iyo umukinnyi akoresha icyo ashaka umupira ariko agamije iteka kuwugumana cyangwa kuwutanga akurikije nanone aho mugenzi we ahagaze cyangwa se amweretse kugirango nawe agere ku ntego yo gutsinda.<\/p>\n<p><b>(1990) <\/b>Mu myaka yaza 90, umupira w\u2019amaguru mu Rwanda wakomeje gutera intambwe igaragara, ariko ugenda uhura n\u2019ingorane nyinshi \u00a0kubera ibibazo by\u2019umutekano muke, byatewe n\u2019intambara yatangiye mu gihugu kuva taliki ya 1 ukwakira 1990 igakaza umurego no myaka yakurikiyeho, ibyo byatumye ndetse u Rwanda rubura benshi mu bakunda uwo mukino, abakinnyi, abafana, n\u2019abandi&#8230;.. ariko cyane cyane abasore n\u2019inkumi bari bakiri bato bashoboraga kongera ingufu mu mupira no kuzavamo abasimbura b\u2019abakinnyi bari batangiye gusaza no kuvanamo akabo karenge. Abo bose badutanze kuyitaba Imana ikomeze ibahe iruhuko ridashira.<\/p>\n<p><b>(2000) <\/b>Mu mpera z\u2019umwaka wa 1999 no mu myaka y\u2019 i 2000 nibwo umupira w\u2019amaguru mu Rwanda wongeye kugarura agahenge ndetse ukomeza gutera intambwe igaragara bituma ikipe y\u2019igihugu y\u2019umupira w\u2019amaguru \u201cAmavubi\u201d mu mwaka w\u2019i 1999 itwara igikombe cy\u2019ibihugu by\u2019afurika yo hagati n\u2019iburasirazuba CECAFA (itsinze ikipe ya Kenya ibitego 3 kuri 1), mu mwaka wa 2000 itwara igikombe cya COMESA (Afrique Orientale et Australe), ndetse mu myaka ya 2003, 2005, 2007, 2009 na 2011 igera no ku mukino wa nyuma w\u2019igikombe cya \u00a0CECAFA. Bityo bikomeza kuyihira ku buryo mu mwaka w\u2019i 2004 \u201cAmavubi\u201d yatsindiye bwa mbere mu mateka y\u2019umupira w\u2019amaguru mu Rwanda\u00a0 kuruhagararira mu mikino ya nyuma y\u2019irushamwa mpuzamahanga ry\u2019igikombe cy\u2019Afurika cy\u2019ibihugu (CAN) ryabereye mu gihugu cya Tuniziya mu kwezi kwa Mutarama na Gashyantare 2004 ndetse inabyitwaramo neza uko ishoboye maze ihesha igihugu ishema, kuko yavuye muri iryo rushanwa itsinzwe rimwe na Tuniziya ibitego 2 kuri 1\u00a0(Reba vid\u00e9o hasi), inganya rimwe na Guin\u00e9e \u00a0igitego 1 kuri 1, itsinda rimwe ikipe ya RDC ya Congo igitego 1 ku busa.\u00a0\u00a0\u00a0[jwplayer mediaid=&#8221;1064&#8243;]<\/p>\n<p>Iyo turebye ariko nanone umwanya u Rwanda rufite kw\u2019isi mu by\u2019umupira (dore ko mu mwaka wa 2013\u00a0rubarizwa ku mwanya wa 97 kw\u2019isi, no ku mwanya wa 24 muri Afurika) dusanga hari ibihugu byinshi by\u2019umugabane w\u2019Afurika biri imbere cyane. Twavuga nka Cameroun, S\u00e9n\u00e9gal, Nigeria, Egypte, Afrique du Sud, Tunisie, Zambie, Cote d\u2019Ivoire, Ghana, Alg\u00e9rie, Libye, Maroc, Mali,&#8230;&#8230;&#8230;&#8230;&#8230;&#8230; Ibyo ariko ntibikwiye guca intege Ishyirahamwe ry\u2019umupira w\u2019amaguru mu Rwanda \u201cFERWAFA\u201d ahubwo bigomba kurushaho kuritera akanyabugabo, kuko kuba ikipe y\u2019igihugu \u201cAmavubi\u201d yabona umwanya uhanitse igakina umukino wa nyuma (finale) w\u2019igikombe cy\u2019umugabane \u00a0w\u2019Afurika cyangwa cy\u2019umugabane w\u2019Isi, twese abakunda umupira w\u2019amaguru turabyifuza kandi byadushimisha.<\/p>\n<p>Inzira rero iracyari ndende kugirango amakipi y\u2019u Rwanda azakomeze atere imbere, kandi anaheshe igihugu ishema by\u2019umwihariko mu marushanwa anyuranye yo mu nzego mpuzamahanga muri uyu mukino w\u2019akataraboneka kandi wa mbere ukunzwe kw\u2019isi yose wiskwe \u201cUMUPIRA W\u2019AMAGURU\u201d. Ari abakinnyi, Abashyigikiye n\u2019Abakunda umupira bakanawureba, bakomeze bakore batikoresheje, mu mupira habamo ubukungu n\u2019ubumenyi bwinshi, bakomeje kugira umurava wo gushishoza no gushakashaka neza, ntacyatuma batagera kuri uwo mutungo. Kandi burya imikino yose inyuranye ihuza abantu bagakina, bakishima, bagaseka, bakidagadura, ni na Gahuzamiryango (muri macye ni \u201c<b><i>isoko y&#8217;akanyamuneza<\/i><\/b>\u201d), dore ko twese abanyarwanda tunabikeneye cyane.<\/p>","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Kugeza magingo aya, nta nkuru y\u2019impamo itwemeza umunsi nyawo umupira w\u2019amaguru wagereye mu Rwanda. Gusa dukurikije inyandiko zatangajwe na bamwe mu bakurambere bacu; bemeza ko uwo mukino w\u2019umupira w\u2019amaguru mu Rwanda wazanywe n\u2019abamisiyoneri b\u2019abadage ku ngoma y\u2019umwami MUSINGA wategetse u Rwanda kuva mu w\u2019i 1896 kugeza 1931. Uwari kw\u2019isonga ryabo ba misiyoneri ba Kiriziya Gatolika [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":0,"parent":0,"menu_order":0,"comment_status":"closed","ping_status":"closed","template":"","meta":[],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/ruhago-impitagihe.com\/rw\/wp-json\/wp\/v2\/pages\/26"}],"collection":[{"href":"https:\/\/ruhago-impitagihe.com\/rw\/wp-json\/wp\/v2\/pages"}],"about":[{"href":"https:\/\/ruhago-impitagihe.com\/rw\/wp-json\/wp\/v2\/types\/page"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/ruhago-impitagihe.com\/rw\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/ruhago-impitagihe.com\/rw\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=26"}],"version-history":[{"count":33,"href":"https:\/\/ruhago-impitagihe.com\/rw\/wp-json\/wp\/v2\/pages\/26\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":1465,"href":"https:\/\/ruhago-impitagihe.com\/rw\/wp-json\/wp\/v2\/pages\/26\/revisions\/1465"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/ruhago-impitagihe.com\/rw\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=26"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}